Tour du Rwanda 2022:Umunya Colombia yegukanye intera ya gatatu ahita ayobora isiganwa [ REBA AMAFO]
Restrepo Valencia Jhonatan ukomoka muri Colombia akaba akinira ikipe ya Drone Hopper – Androni Giocattoli mu Butaliyani ni we wegukanye intera ya gatatu yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu ahita anayobora isiganwa muri rusange.
Iyi ntera yakinwe kuri uyu wa Kabiri taliki 22 Gashyantare 2022, abakinnyi 88 bahagurukiye mu Mujyi wa Kigali berekeza mu Karere ka Rubavu basoreza kuri Bralirwa bakoze intera ya kilometero 155.9 ari na yo ndende, abakinnyi 7 bahagereye rimwe ariko Restrepo Valencia Jhonatan abatanga ku murongo. Aba bakinnyi bakoresheje amasaha 3, iminota 54 n’amasegonda 10.
Restrepo Jhonatan ufite imyaka 27 y’amavuko yahise aca agahigo ko kuba ari we kugeza ubu umaze kwegukana intera nyinshi (6) muri Tour du Rwanda kuva yatangira gukinwa ku rwego mpuzamahanga muri 2009.
Hakizimana Seth, umwe mu bakinnyi bahagarariye u Rwanda ni we wasoreje hafi aho yaje ku mwanya wa 23 akaba yakoresheje amasaha 3, iminota 55 n’amasegonda 41.
Geniez Alexandre ukinira ikipe ya Total Energies akaba ari we wegukanye intera ya mbere ndetse akaba ari we wari uyoboye isiganwa iminsi ibiri yasoreje ku mwanya wa 57 akoresheje amasaha 3, iminota 58 n’amasegonda 02 aho yaje inyuma ho iminota 3 n’amasegonda 52.
Dujardin Sandy na we ukinira Total Energies wari wegukanye intera ya kabiri yasoreje ku mwanya wa 11 aho yakoresheje amasaha 3, iminota 55 n’amasegonda 41.
Ku rutonde rusange nyuma y’intera ya 3, Restrepo Jhonatan ni we uyoboye urutonde aho muri kilometero 308,2 amaze gukoresha amasaha 7, iminota 27 n’amasegonda 22, akurikiwe na Laurance Axel , Umufaransa ukinira ikipe ya B&B Hotels – KTM umaze gukoresha amasaha 7, iminota 27 n’amasegonda 25 naho ku mwanya wa gatatu hakaza Madrazo Ruiz Angel ukinira ikipe ya Burgos-BH muri Espagne umaze gukoresha amasaha 7, iminota 27 n’amasegonda 35.
Umukinnyi w’u Rwanda uri hafi ku rutonde rusange ni Uhiriwe Byiza Renus uri ku mwanya wa 22 aho amaze gukoresha amasaha 7, iminota 29 n’amasegonda 7 aho we ari inyuma ho umunota 1 n’amasegonda 45 ku bihe by’uwa mbere.
Abakinnyi b’ikipe ya Grant Thornton bose bavuye mu isiganwa
Mu makipe 19 yitabiriye Tour du Rwanda 2022, ikipe ya Grant Thornton – Bike Zone (Thailand) yamaze kuva mu irushanwa nyuma y’uko abakinnyi bayo bose 5 bavuye mu isiganwa.
Abakinnyi 3, Kitjaroenwat Suriya, Waree Witthawat , Samansanti Nati nta bwo basoje intera ya 3 mu gihe abandi babiri, Klaithong Wanawat na Simons Saharat basoje intera ariko igihe cyagenwe cyarenze.
Uretse aba bakinnyi hari n’abandi bamaze kuva mu isiganwa barimo Lkaihal Mustapha (Maroc), Vabø Tore Andre Aase (Team COOP) na Tidball William (Grande-Bretagne). Kugeza ubu hasigaye abakinnyi 81 muri 89 batangiye isiganwa.
Intera ya 4 irasorezwa i Gicumbi
Kuri uyu wa Gatatu taliki 23 Gashyantare 2022, Tour du Rwanda irakomeza hakinwa intera ya 4 aho abakinnyi bahagurukira Kimironko mu Mujyi wa Kigali bakomeze Kigali Parents- Free Trade Economic Zone-Zindiro-Kimironko –Kibagabaga-Kagugu-Gasanze-Nyacyonga-Karuruma Gatsata -Nyabugogo -Giti cy’inyoni-Shyorongi-Ku Kirenge-Rulindo-Nyirangarama – Base- Tetero – Gicumbi . Iyi ntera ireshya na kilometero 124,3.