Sudani:Cyera kabaye akanama gahuriwemo n’igisirikare n’abatavuga rumwe na leta kakoze inama ya mbere

  • admin
  • 27/04/2019
  • Hashize 5 years

Akanama gahuriwemo n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Sudani ndetse n’abahagarariye igisirikare kiyoboye iki gihugu muri iki gihe, kari mu nama ya mbere kuri uyu wa gatandatu, mu biganiro bigamije kwiga uko leta igizwe n’abasivile yo mu bihe biri imbere izaba iteye ndetse n’inshingano zayo.

Amatsinda y’ingenzi atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Sudani yagennye amazina 12 y’abantu bo kujya mu kanama kayoboye iki gihugu by’inzabacyuho hamwe n’abahagarariye igisirikare.

Barimo abazwi cyane nka Omar el-Digier, umukuru w’ishyaka rya Sudanese Congress Party na Mariam Al Sadiq, umukobwa w’uwahoze ari minisitiri w’intebe Sadiq Al-Mahdi.

Ishyirahamwe rikomeye ry’abakozi bo muri iki gihugu, ry’ingenzi mu bateguye imyigaragambyo, rihagarariwe na Mohamed Nagy al-Assam.

Ingingo y’ingenzi mu ziganirwaho ni igihe inzibacyuho yagombye kumara mbere yuko amatora aba – hari ukutavuga rumwe ku kuba yagombye kumara imyaka ibiri cyangwa imyaka ine.

Iri shyirahamwe ry’abakozi bo muri iki gihugu rivuga ko hacyenewe igihe kirekire kurushaho cyo kubaka inzego z’ubutegetsi nyuma y’imyaka hafi 30 y’ubutegetsi bwa Omar al-Bashir wahiritswe n’igisirikare ku itariki ya 11 y’uku kwezi kwa kane nyuma y’imyigaragambyo.Ariko igisirikare cyo ntigikozwa icyo gitekerezo.

Hari n’ibibazo birikwibazwa ku ngano y’uruhare igisirikare gikwiye kugira mu kanama ko ku rwego rwo hejuru kagamije ubusugire bw’igihugu, ndetse niba abasivile bahabwa ubushobozi bwo kugenzura inzego z’umutekano.

Yanditswe na Habarurema Djamali

  • admin
  • 27/04/2019
  • Hashize 5 years