USA:Amateka agiye guhinduka,bidasubirwaho Abayisilamukazi bashobora kwinjira mu nteko ishingamategeko

  • admin
  • 06/11/2018
  • Hashize 5 years

Rashida Tlaib na Ilhan Omar bagaragara nk’abagiye kwandika amateka muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nk’abayisilamukazi ba mbere babaye bamwe mu bagize inteko ishingamategeko – nibatsinda mu matora rusange nkuko byitezwe.

Bombi barwanya imvugo ya Perezida Donald Trump w’Amerika irwanya abimukira n’abayisilamu. Kandi bombi bashobora kwandika amateka kuri uyu wa kabiri bakaba abayisilamukazi ba mbere batorewe kuba bamwe mu bagize inteko ishingamategeko y’Amerika.

Rashida Tlaib na Ilhan Omar bombi bo mu ishyaka ry’abademokarate, bitezweho gutsinda amatora yo guhagararira mu nteko ishingamategeko uturere twabo two muri leta za Michigan na Minnesota.

Umubare munini bitari bwabeho mbere w’abayisilamu bo muri Amerika bari kwiyamamaza muri aya matora rusange,bagera hafi ku 100, nk’uko bitangazwa n’imiryango ikora ubuvugizi y’abayisilamu.

’Ntabwo ari abo kurebera ibiba’

Tlaib na Omar batangaje ku mugaragaro ko barwanya bikomeye gahunda za Bwana Trump, zirimo nko kubuza abimukira kujya muri Amerika ndetse basaba ko urwego rw’Amerika rushinzwe abimukira rufunga imiryango.

Tlaib, umukozi ukora mu by’imibanire y’abantu cyangwa ’umusociale’ wavutse ku babyeyi b’abimukira bakomoka muri Palestine, ari kwiyamamaza nta we afite bahatana mu guhagararira akarere ko muri leta ya Michigan mu nteko ishingamategeko.


Rashida Tlaib avuga ko ari kwiyamamaza kubera abana be babiri b’abahungu, basigaye bagira ipfunwe ryo kuba abayisilamu

Tlaib w’imyaka 42 y’amavuko, ni imfura mu muryango w’abana 14. Mu mwaka wa 2008, yabaye umuyisilamukazi wa mbere wabaye umunyamategeko wa leta ya Michigan.

Avuga ko yafashe icyemezo cyo kwiyamamaza nk’umwe mu bashaka kuba mu nteko ishingamategeko y’Amerika kugira ngo ahangane n’ingamba za Perezida Trump, zirimo nka gahunda itavugwaho rumwe yo kubuza kujya muri Amerika abakomoka muri bimwe mu bihugu by’abayisilamu.

Yabwiye igitangazamakuru ABC ati “Ntabwo nahisemo kwiyamamaza kubera ko ntowe byaba ari amateka yanditswe. Nahisemo kwiyamamaza kubera akarengane no kubera ko abahungu banjye basigaye bagira ipfunwe ry’ukwemera kwabo [kwa kiyisilamu] bibaza niba nabo ari bo. Nta na rimwe nigeze mba umuntu urebera”.

Mu karere ke kiganjemo Abanyamerika bafite inkomoko muri Afurika, Rashida Tlaib yigaragaje nk’uvugira abakozi.

Mu bikorwa byo kwiyamamaza byo mu mwaka wa 2016, yari umwe mu babarirwa mu macumi bigaragambyaga baciye mu ijambo Donald Trump – icyo gihe wari umukandida-perezida – ubwo yavugiraga ijambo i Detroit.

’Inzozi zabo ntizigira umupaka’


Omar yashishikarije ba nyamucye bumva bugarijwe n’imvugo ya Trump, kwishyira hamwe

Akiri umwana, Ilhan Omar wambaraga umwitandiro w’abayisilamukazi, yabaye by’igihe gito mu nkambi y’impunzi muri Kenya, nyuma yaho iwabo bari bamaze guhunga bava muri Somalia. Nuko bagera i Minneapolis muri Amerika, ku nkunga y’urusengero rw’abaporotesitanti (Eglise Protestante).

Omar w’imyaka 36 y’amavuko, mu mwaka wa 2016 yabaye Umunyamerikakazi ukomoka muri Somalia wa mbere ubaye umunyamategeko muri leta ya Minnesota.

Ubwo yavugaga ijambo nyuma gato y’iyo ntsinzi, yagize ati “Iyi yari intsinzi ya wa mukobwa w’imyaka 8 y’amavuko wabaga mu nkambi. Iyi yari intsinzi y’umukobwa wahatirwaga gushaka umugabo akiri umwana. Iyi yari intsinzi ku muntu uwo ari we wese wabwiwe ko inzozi ze zifite umupaka”.

Ilhan Omar yabwiye ikinyamakuru Elle ko yafashe icyemezo cyo kugambirira kuba umwe mu bagize inteko ishingamategeko kuko ashaka “kwerekana uko ubutegetsi bwa demokarasi buhagararira ababutoye bukwiye kuba bumeze”.

Yavuze ko ashyigikiye ubwishingizi mu buvuzi kuri bose – bitandukanye cyane n’ibitekerezo by’ishyaka ry’abarepubulikani kuri iyi ngingo.

Aramutse atowe, Ilhan Omar yasimbura Keith Ellison, mugenzi we na we w’umudemokarate, akaba n’Umunyamerika w’umuyisilamu wikuye ku mwanya we ngo abone uko yiyamamaza nk’umushinjacyaha mukuru wo muri leta ye.

Andre Carson, undi muyisilamu mu bagize inteko ishingamategeko, yiteze kongera gutorwa muri leta ya Indiana.

Guca abayisilamu


Imwe mu ngamba za mbere zafashwe na Perezida Trump, yari ukubuza abaturage bo mu bihugu bimwe by’abayisilamu kwinjira muri Amerika

Imwe mu ngamba za mbere zafashwe na Perezida Trump, yabaye itegeko-teka yashyizeho umukono mu kwezi kwa mbere mu mwaka ushize wa 2017.Ryari ryabaye ribujije abaturage bo mu bihugu birindwi byiganjemo abayisilamu – Iran, Iraq, Syria, Yemen, Somalia, Sudan na Libya – kwinjira muri Amerika.

Iryo tegeko-teka, ryahimbwe irica abayisilamu, ryagezeho rivugwa ko ridakurikije amategeko ndetse risubirwamo inshuro ebyiri, rikura Sudan ku rutonde rw’ibyo bihugu, rirwongeraho Tchad, Koreya ya ruguru n’abategetsi ba leta ya Venezuela. Tchad nayo yaje gukurwa kuri urwo rutonde.

Mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, iryo tegeko-teka ryemejwe n’urukiko rw’ikirenga.

Mu bikorwa bye byo kwiyamamaza, Trump yavuze by’umwihariko ku bimukira bakomoka muri Somalia batuye muri leta ya Minnesota, avuga ko “uburyo burimo amakosa [bwatumye bemererwa kuba muri Amerika]” buri gutuma iyi leta – ndetse n’igihugu – bibura umutekano.

Ariko ubwo yavuganaga na BBC mu kwezi kwa kane mu mwaka ushize wa 2017, Ilhan Omar yavuze ko amagambo ya Perezida Trump atabaciye intege, ahubwo ko yabateye imbaraga zo gutora bagamije impinduka.

Yagize ati “Aka ni akanya tubonye ko gukorera hamwe. Ariko ubu ntidufite impungenge gusa zo kuba abakomoka muri Somalia, ahubwo tunafite impungenge zo kuba turi abayisilamu, zo kuba turi ba nyamucye, bafite impungenge zo kuba impunzi”.

Yakomeje agira ati”Dufite impungenge ku buzima bw’abagore n’abana, kubera ko ibyo byose biri mu kaga kuri ubu butegetsi bwa Trump”.

Ku byerekeranye n’Ivangura

Mu mwaka ushize, abayisilamu bagera kuri 48% babwiye ikigo cy’ubushakashatsi cya Pew Research Center ko bakorewe ivangura mu mezi 12 yari ashize.

Bibiri bya gatatu byabo batekerezaga ko hari ivangura ryinshi rikorerwa abayisilamu, mu gihe 74% bavuze ko Perezida Trump atabareba neza.

Iki kigo cy’ubushakashatsi cyatanze igitigiri mu mwaka wa 2017 cyuko hari abayisimalu barenga miliyoni 3 bo mu bigero byose by’imyaka, biyongereyeho miliyoni imwe ugereranyije no mu myaka 10 yabanje.


Ilhan Omar yahunze Somalia ari umwana, agera muri Amerika abanje kumara igihe aba mu nkambi y’impunzi muri Kenya

SOMA INKURU BIFITANYE ISANO:http://muhabura.rw/amakuru/hanze/article/trump-na-obama-bakomeje-guterana-amagambo-mu-kwamamaza

Yanditswe na Habarurema Djamali

  • admin
  • 06/11/2018
  • Hashize 5 years