Urukiko rwemeje burundu ko Laurent Gbagbo ari umwere

  • Niyomugabo Albert
  • 31/03/2021
  • Hashize 3 years
Image

Urugereko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ruhoraho, CPI, rwemeje burundu ko Laurent Gbagbo, wahoze ari umukuru w’igihugu cya Cote d’Ivoire, ari umwere.

Laurent Gbagbo yareganwaga na Charles Blé Goudé, wahoze ari minisitiri w’urubyiruko. Mu kwezi kwa mbere 2019, urugereko rw’ibanze bombi rwabagize abere, barekurwa by’agateganyo. Umushinjacyaha mukuru yarajuriye, avuga ko rwakoze amakosa mu rwego rw’amategeko, none arongeye aratsindwa. Abacamanza bemeje ko nta makosa babonye.

Laurent Gbagbo na Charles Blé Goudé baregwaga ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, byakozwe mu bwicanyi bwakurikiye amatora y’umukuru w’igihugu cya Cote d’Ivoire mu 2010, bwahitanye abantu barenga ibihumbi bitatu. Batawe muri yombi mu 2011.

Urugereko rw’ubujurire rwategetse ko n’inzitizi zose zari zibariho zivaho rukimara gusoma urubanza. Ibi bibafunguriye inzira yo kuba basubira mu gihugu cyabo. Gbagbo, w’imyaka 75 y’amavuko, aba i Buruseli mu Bubiligi. Naho Blé Goudé aba i La Haye mu Buholandi. Bombi basomewe bari mu rukiko.

  • Niyomugabo Albert
  • 31/03/2021
  • Hashize 3 years