umuyobozi wa Safaricom muri Kenya, yapfuye

  • admin
  • 01/07/2019
  • Hashize 5 years

Bob Collymore, umuyobozi wa kompanyi y’itumanaho Safaricom, yapfuye ari iwe i Nairobi mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere nk’uko byemejwe n’umuyobozi w’inama y’ubutegetsi y’iyi kompanyi.

Collymore yari amaze igihe yivuza uburwayi bwa kanseri yo mu maraso yo mu bwoko bwa Leukemia.

Itangazo rya Safaricom rivuga ko mu 2017, Collymore yagiye kwivuza iyi ndwara mu Bwongereza, agaruka muri Kenya mu kwa karindwi 2018, akomeza imirimo ye y’ubuyobozi.

Safaricom ivuga ko yaje kongera kuremba mu minsi ishize akavurirwa mu bitaro bya kaminuza bya Aga Khan i Nariobi.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Nicholas Nganga uyobora inama y’ubutegetsi ya Safaricom, rivuga ko Collymore yaguye iwe muri iki gitondo, akaba asize umugore n’abana bane.

Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya yatanze ubutumwa buvuga ko ababajwe n’uru rupfu kandi yihanganisha umuryango wa Bwana Collymore.

Perezida Kenyatta yavuze ko Collymore yateje imbere Safaricom ’ikaba kompanyi yunguka kurusha izindi muri Afurika y’Iburasirazuba’.

Yamushimiye ko yagize uruhare mu guhindura imibereho muri Kenya.

Bob Collymore ni Umwongereza wavukiye mu gihugu cya Guyana muri Amerika y’Epfo. Mu 2006 nibwo yagiye gukora muri Safaricom, agirwa umuyobozi mukuru wayo kuva mu 2010.

Chief editor Muhabura.rw

  • admin
  • 01/07/2019
  • Hashize 5 years