Ubufaransa:Umugabo yishe abapolisi bane akoresheje icyuma

  • admin
  • 03/10/2019
  • Hashize 5 years

Umugabo witwaje icyuma yishe abapolisi bane kuri station ya polisi mu mujyi wa Paris nk’uko ibinyamakuru muri iki gihugu bibivuga.Aho byabereye mu gace kitwa île de la Cité hagati mu murwa mukuru Paris hahise hazitirwa.

Uyu mugabo, utaratangazwa amazina, bivugwa ko ari umwe mu bakozi b’aho, nawe yarashwe na polisi arapfa.Kugeza ubu Polisi ntacyo iratangaza ku byabaye.

Ubu bwicanyi bubaye nyuma y’umunsi umwe abapolisi batangiye imyigaragambyo mu gihugu hose bamagana urugomo bakorerwa no kutitabwaho na leta.

Ubu bwicanyi bwabaye ahagana saa munani ku isaha yo mu Burundi no mu Rwanda ku mbuga y’inyubako igipolisi gikoreramo.

Perezida Emmanuel Macron, minisitiri w’intebe Edouard Philippe na minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Christophe Castaner bose bahise bajya aho byabereye.

Umuyobozi w’umujyi wa Paris Anne Hidalgo yanditse kuri Twitter ko “abantu benshi” bishwe muri ubu bwicanyi bwabereye hafi y’agace gasurwa cyane na Katedarali ya Notre-Dame.

Ibinyamakuru mu Bufaransa bivuga ko uwakoze ibi ari umugabo w’imyaka 45 wari umaze imyaka 20 akora mu buyobozi bwa ’station’ ya polisi i Paris.

Umwe mu bari hafi y’aho byabereye avuga ko “abapolisi biruhakaga impande n’impande bafite ubwoba” mu gihe ibi byabaga.

BFMTV ivuga ko uyu mugabo yishe ateye icyuma abantu babiri imbere mu biro, umuntu umwe mu nzira igana hanze n’uwa kane mu mbuga y’iyi nyubako ari naho nawe yarasiwe agapfa.

Niyomugabo Albert/MUHABURA.RW

  • admin
  • 03/10/2019
  • Hashize 5 years