Perezida Trump yishimiye intsinzi yigamba ku batavuga rumwe nawe muri politike

  • admin
  • 07/02/2020
  • Hashize 4 years

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yishimiye intsinzi, hashize umunsi agizwe umwere mu rubanza rwo kumweguza, abikora yigamba ku bo batavuga rumwe muri politike.

Afashe kopi y’ikinyamakuru gifite umutwe w’inkuru ugira uti “Trump yagizwe umwere”, yagize ati: “Hari ibintu bibi nakoze mu buzima bwanjye, nabyemera…ariko ibi ni cyo kibivuyemo”.

Mu ijambo yavugiye mu biro bya perezida w’Amerika bya White House, yagize ati: “Twaciye mu bintu bibi cyane, ku bw’akarengane. Nta kintu na kimwe kibi twakoze. Byari ububisha, byari birimo amanyanga”.

Mbere yaho, yari yanenze abari bashatse kumweguza bitwaje imyemerere ishingiye ku idin

Trump, avugira mu gice cy’ibiro bye cyizwi ku izina rya East Room cyuzuye abamushyigikiye n’abagize leta, yagize ati: “None ubu dufite iryo jambo ryiza. Nta na rimwe nigeze ntekereza ko ryakumvikana neza”.

“Ryitwa ’kugirwa umwere byuzuye’”.

Mu kwezi kwa 12 Trump yegujwe n’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite – yiganjemo abademokarate – kubera gukoresha nabi ububasha ahabwa n’umwanya we no kubangamira inteko mu kazi kayo.

Ariko ku wa gatatu w’iki cyumweru yagizwe umwere, nyuma y’urubanza rwamaze ibyumweru bibiri muri sena igenzurwa n’abo mu ishyaka rye ry’abarepubulikani, nta batangabuhamya bahari.

Trump yanakoresheje ijambo rikakaye mu kuvuga ku iperereza ry’urwego rw’ubucamanza rw’Amerika ku kureba niba ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu 2016 byarafashijwe n’Uburusiya.Ati: “Byose byari umwanda. Ibi ntibikwiye na rimwe kugira undi perezida bibaho”.

Niyomugabo Albert Muhabura.rw

  • admin
  • 07/02/2020
  • Hashize 4 years