Niba ushaka kugira ubuzima bwiza dore ibintu ukwiye ku menya

  • admin
  • 08/09/2016
  • Hashize 8 years
Image

Ubusanzwe nta muntu wifuza kurwara niyo bimugezeho usanga atanga amafaranga menshi ngo arengere ubuzima bwe, niyo mpamvu ari byiza rero kwirinda kuko biruta kwivuza.

Niba ushaka kugira ubuzima bwiza dore ibintu ukwiye :

1. Kugira isuku

Hari ibitaro batanze inama igira iti” bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo kwirinda indwara cyangwa kuzanduza abandi” ni igukaraba intoki. Bimwe mu bintu bituma umuntu yandura ibicurane ni ukwikora ku zuru cyangwa ku maso, mu gihe intoki ze ziriho virus ibitera.

Uburyo bwiza bwo kubyirinda ni ugukaraba intoki buri gihe. Nanone kandi isuku ishobora gutuma n’indwara y’igikatu itaba icyorezo, urugero nk’umusonga ni indwara z’impiswi. Izo ndwara zihitana abana z’abana bari munsi y’imyaka itanu basaga miliyoni ebyiri buri mwaka.

Wari uziko gukaraba intoki byonyine bishobora kugabanya ubwandu bw’icyorezo cya ebora ?

• Ni ryari gukaraba intoki biba ari ngombwa cyane kugirango urinde ubuzima bwawe n’ubw’abandi?

• Nyuma yo kuva mu bwiherero

• Nyuma yo guhindurira cyangwa se umuvanye mubwiherero

• Mbese na nyuma yo komora igikomere

• Mbere yo gutegura ifunguro, kugabura na mbere yo kurya

• Nyuma yo gukora cyangwa kwipfuna

• Nyuma yo gukora ku matungo cyangwa ku myanda yayo

Nyuma yo guterura imyanda

2. Gukoresha amazi meza

Ujye ukoresha amazi meza yaba ayo kunywa, koza amenyo, koza ibyombo, kuronga ibiribwa no guteka, Ujye usuzuma niba ahantu hizewe.

Niba ukeka ko amazi ava mu itiyo ukoresha yanduye, jya ubanza uyateke mbere yo kuyakoresha cyangwa ushyiremo imiti yizewe.

Buri gihe ujye ubika amazi wasukuye mu bintu bifite isuku kandi bipfundikiye kugira ngo bitongera kwandura

3. Kurya indyo yuzuye

Ntushobora kugira ubuzima bwiza utarya neza. Kurya neza ni ukurya indyo yuzuye ni ukuvuga ikungahaye ku ntungamubiri . Jya urya umunyu, ibiribwa birimo isukari n’ibinure biri mu rugero kandi wirinde kugwa ivutu. Ifunguro ryawe ntirikaburemo imbuto n’imboga kandi ntugahorere indyo imwe. Aba benshi batekereza ko kurya indyo yuzuye ari ukuba uri umukire, ariko sibyo kuko ushobora kurya ibidahenze kandi ukabaho neza, kimwe n’uko ushobora kurya nabi kandi ukize.

4. Gukora siporo

Imyaka waba ufite iypo ariyo yose, ukeneye gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, kugirango ukomeze kumererwa neza. Muri iki gihe abantu benshi ntibagikora siporo ihagije.

Dore akamaro ka siporo

• Igufasha gusinzira neza

• Ituma unyeganyega ntugume hamwe

• Ikomeza imitsi n’amagufwa

• Ikurinda umubyibuho ukabije

• Ikurinda indwara yo kwiheba

• Ikurinda gupfa imburagihe

Hariho ingaruka ziterwa no kudakora siporo

• Kurwara diyabete yo mu bwoko bwa kabiri

• Umuvuduko ukabije w’amaraso ukabije

• Kugira ibinure byinshi mu mubiri

• Kurwara indwara ifata imitsi yo mu bwonko.

Umuntu ahitamo siporo akurikije imyaka afite , cyangwa uko ubuzima bwe bumeze. Byaba byiza rero ubanje kugisha inama mugangambere yo gutanmgira gukora siporo iyo ariyo yose.

5. Kuryama igihe gihagije

Igihe abantu baryama kigenda gitandukana

Abana b’impinja hafi ya bose bakenera kuryama amasaha ari hagati ya 16 na 18 ku munsi. Abana batangiye gutaguza bakaryama amasa 14, naho abari hafi gutangira ishuri bakaryama hagati ya 11 na 12. Abageze igihe cyo gutangira ishuri, muri rusange bakenera kuryaa amasaha nibura 10. Naho abakuze bagakenera kuryama hagati y’amasaha 7 na 8.

Nta muntu wagombye kumva ko amasaha ayo ariyo yose yaryama ntacyo aba atwaye. Ahubwo kuruhuka neza amasaha akwiriye biba byiza cyane kuruta.

Nushyira mu bikorwa ibintu tumaze kuvuga haruguru ubuzima bukanga bukakugora uzifashishe muganga.


Ubusanzwe nta muntu wifuza kurwara niyo bimugezeho usanga atanga amafaranga menshi ngo arengere ubuzima bwe, niyo mpamvu ari byiza rero kwirinda kuko biruta kwivuza.

Yanditswe na Eddie Mwerekande/Muhabura.rw

  • admin
  • 08/09/2016
  • Hashize 8 years