Mu mikino ya Gisirikare Kenya yegukanye imidali yose
- 10/08/2016
- Hashize 8 years
kuri uyu wa Kabiri hakinwe imikino yo gusiganwa ku maguru‘Cross Country’ , abahagarariye Kenya biharira imyanya y’imbere ndetse begukana imidali yose mu bagabo no mu bagore.
Iyi mikino yabereye ku kibuga cy’ishuri rikuru ry’imyuga rya Kigali (IPRC Kigali), aho abasiganwa birutse ku ntera ya kirometero 10. Mu bakobwa n’abahungu, abaserukiye Kenya nibo bihariye imyanya ya mbere.
Sheila Chepkirui Kiprotich yatwaye umudali wa zahabu akoresheje iminota 31’ 17”n’iby’ijana 18. Ku mwanya wa kabiri yakurikiwe na Juicly Jepkosgei wegukanye uwa Feza( Silver) akoresheje iminota 31’ 17” n’iby’ijana 98 naho Judy Kiyei yegukana uw’umuringa (Bronze) akoresheje iminota 31’31” n’iby’ijana 28.
Umunyarwandakazi waje hafi ni Iranzi Celine wabaye uwa 12 akoresheje iminota 33’25” n’iby’ijana 32.
Mu cyiciro cy’abagabo, abanya Kenya bongeye gushimangira ubudahangarwa begukana imidali yose.
Emmanuel Kipsang yegukanye uwa Zahabu akoresheje iminota 27’ 15” n’iby’ijana 68, Frank Nyelei uwa Feza akoresheje iminota 27’ 16” n’iby’ijana 10 mu gihe Stephen Arita yegukanye umudali w’umuringa akoresheje iminota 27’ 17” n’iby’ijana 15.
Umunyarwanda waje hafi ni Nzirorera Joseph wasoje ari uwa munani akoresheje iminota 28’ 20”.
Mu bihugu bine byitabiriye iyi mikino, u Rwanda rwaje ku mwanya wa nyuma mu bagore, inyuma ya Kenya, Uganda na Tanzania naho mu bagabo ruba urwa gatatu inyuma ya Kenya na Uganda.
U Rwanda ntirwatangiye neza iyi mikino irimo kuba ku nshuro ya 10 kuko no mu mupira w’amaguru APR FC iruhagarariye yatsinzwe na Ulinzi Stars yo muri Kenya igitego 1-0 ku mukino ufungura wabaye kuri uyu wa Mbere.
Gahunda y’imikino yo kuwa Gatatu, tariki ya 10 Kanama 2016:
Basketball kuri Petit stade
Saa cyenda n’igice: Uganda vs Kenya
Saa kumi n’imwe n’igice: Rwanda vs Tanzania
Handball kuri stade Amahoro
Saa mbiri: Uganda vs Kenya
Saa yine n’igice: Rwanda vs Tanzania
Netball kuri stade Amahoro
Saa munani: Tanzania vs Uganda
Saa kumi n’imwe: Rwanda vs Kenya
Umupira w’amaguru kuri stade ya Kigali
Saa kumi n’imwe n’igice: Uganda vs Tanzania
Mu mikino ya Gisirikare Kenya yegukanye imidali yose
Yanditswe na Chief editor