Mexique:Polisi yafashe umuhungu wa El Chapo ibisambo biyimishaho amasasu iramurekura[REBA AMAFOTO]

  • admin
  • 18/10/2019
  • Hashize 5 years

Imirwano ikomeye yabaye mu mujyi wa Culiacán mu majyaruguru ya Mexique ubwo ingabo n’abapolisi bafataga umwe mu bahungu ba Joaquín “El Chapo” Guzmán, bikomeye baramurekura.

Amakuru avuga ko iyi mirwano yamaze amasaha menshi ejo kuwa kane tariki 17 Ukwakira nyuma y’uko Ovidio Guzmán López yari afashwe n’abapolisi muri uyu mujyi.

Amashusho ya televiziyo y’igihugu yagaragaje abagabo bafite imbunda barasana na polisi, imodoka zahiye n’imirambo mu mihanda.

Polisi yaje kurekura Ovidio Guzmán ngo imirwano ihagarare nk’uko abategetsi babivuga.

Alfonso Durazo minisitiri w’umutekano yatangaje ko polisi yarashweho bikomeye aho yari ifungiye Ovidio Guzmán biba ngombwa ko isubira inyuma ngo ikize ubuzima.

Iyi nkuru ya CNN ivuga ko Ovidio Guzmán nyuma yahise arekurwa kugira ngo hagaruke ituze muri aka gace nk’uko Durazo abivuga.

Ibyabaye byatumye Perezida w’iki gihugu Andrés Manuel López atumiza inama yo kubiganiraho aho yashyizeho itsinda ry’ingabo zihariye ryo kurwanya abacuruza ibiyobyabwenge.

Ku gihe cya “El Chapo” itsinda ryitwa Sinaloa cartel yari ayoboye niryo ryari rinini cyane ricuruza ibiyobyabwenge muri Amerika nk’uko abiregwa aho afungiye muri Amerika.

Mu gihe “El Chapo” afunze, bivugwa ko ubucuruzi bwe ubu igice kinini cyabwo gikuriwe n’umuhungu we Ovidio Guzmán w’imyaka 29.

Ubwo yari amaze gufatwa na polisi abantu benshi bakorana nawe bagabye igitero gikomeye kuri polisi kugira ngo bamubohoze.

Ovidio Guzmán nawe ari ku rutonde rw’abashakishwa na leta ya Amerika, ashinjwa kuba ayoboye abohereza ibiyobyabwenge muri iki gihugu.

Imirwano ya polisi n’abantu ba Guzmán yakwiriye mu mujyi wa Culiacan, hari amafoto agaragaraza abantu bayiguyemo n’abapolisi bakomeretse.

Mu gihe imirwano yari irimbanyije muri uyu mujyi, abategetsi b’aka gace batangaje ko hari umubare w’imfungwa zahise zitoroka gereza ya Aguaruto.

Abashinzwe umutekano bahisemo guhita barekura Ovidio Guzmán kugira ngo imirwano ihoshe.






PNG - 484.7 kb
Byavugwa ko Ovidio Guzmán(iburyo) ariwe wasimbuye se El Chapo (ibumoso) mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge

Yanditswe na Habarurema Djamali

  • admin
  • 18/10/2019
  • Hashize 5 years