Menya impamvu umwami wa Nkole yimwe inka agatera u Rwanda ku ngoma y’umwami Kigeli

  • Ubwanditsi Muhabura
  • 02/03/2022
  • Hashize 2 years
Image

Amateka y’ ingoma y’ umwami   Rwabugiri turarebera hamwe ubutwari n’ubuhangage bwe, iherezo rye namwe  mumakosa yakoze  ku ngoma ye .

 Ubutwari bwa  Rwabugiri

 Rwabugili yabaye  Umwami w’ikirangirire n’ igihangange,atsinda amahanga mu bitero bitandukanye yagiye agaba,ni nawe mwami wagaruriye   U  Rwanda ibihugu byose byahoze bitegekwa na  Gihanga. Rwabugili yatanye mu mitwe n’abarwanisha imbunda mu  Nkole,mugitero cyiswe icy’imigogo arabatsinda ,iki gitero cyari kiyobowe n’uwitwa  Nyamuhenda wa  Kajeje.

 Nyamuhenda wa  Kajeje

Iyi ntambara yashojwe n’uko umwami wa  Ankole yasabye  Rwabugili ku nka z’inyambo maze  Rwabugili aza kumuhakanira bituma  Umwami wa    Ankole atera  U  Rwanda ashaka kunyaga izo nyambo. Ankole yateye   U  Rwanda iyobowe n’ uwitwa  Igumire,iki gitero cyasanze ingabo z’  U  Rwanda zarinda ako gace zidahari koko zari ziri kumwe na  Rwabugili mu  Bunyabungo,byatumwe rero izi ngabo zinyaga nta nkomyi ndetse zinatwika inzu y’  Umwami yari  I  Rutaraka.

Rwabugili akimara kumva iyo nkuru yahise akoranyiriza ingabo zose ahitwa     Gatsibo ho mu  Muntara maze batera  Ankole ,n’ubwo  Abanyankole barwanisha imbunda baratsinzwe kuko barwaniraga mukaduruvayo mu gihe ingabo za Rwabugili zari zigabanyije mu mitwe itandukanye kandi zifite gahunda.

 Ku ‘ikubitro ry’ intambara  Abanyankole 98 bahasize ubuzima mu  gihe ari  Umunyarwanda umwe witwa  Kanigu niwe wari wakomeretse gusa. Muri iki gitero  Rwabugili yigaruriye ako gace kugeza aho bita   I  Mbarara.

 Amakosa ya   Rwabugili

  Rwabugili yabaye   Umwami ukomeye,ariko nta byera ngo de kuko amakosa yakoze yagiye akurikirana ingoma ye. Yishe amategeko yo ku bwiru bituma urubyaro rwe ruyishyura amaraso yarwo. Abiru bavugaga ko iyo abavandimwe barwaniye ingoma,urwo aba ari urubanza rusumba abantu ! Icyo gihe baburanira   Imana bakoresheje imiheto,uwo  Imana yemeye agatsinda. Dore amakosa atanu yakoze,ari yatumye habaho intambara yo kurwanira ingoma ku   Rucunshu :

 – Yimitse  Rutarindwa kandi atari umwana we bwite,ahubwo ari uwa  Gacinya ka  Rwabika mwene  Yuhi  Gahindiro,kandi ubwiru bwaravugaga ko  Umwami ariwe ugomba kubyara undi mwami,bukongeraho ko umwami yibyaraho umwami umwe. Rutarindwa yari umwuzukuru wa  Gahindiro,ntago yari umwami uri ku ngoma.

– Ubwiru bwateganya ko nyina w’ ugiye kwimikwa iyo yapfuye atorerwa undi mubyeyi w’umugore ujya mu kimbo cya nyina akaba nyina w’ umutsindiro,kandi yagombaga kuba uwo mu muryango wa nyina. Urugero, Ndabarasa yima,nyina  Rwesero yari yapfuye maze atorerwa umugabekazi w’ umutsindiro witwa  Nyiratunda,kuko se na nyina ba  Rwesero bava inda imwe na nyina wa  Nyiratunda. Rwabugiri rero yatoreye  Rutarindwa umugabekazi utari uwo mu muryango wa nyina,kuko yari umukonokazi kandi  Kanjogera wabaye umugabekazi yari umwegakazi.

– Ubwiru bwateganyaga ko umugabekazi w’ umutsindirano agomba kuba adahekeye umwami umwana w’umuhungu. Rwabugili yatoreye  Rutarindwa  Kanjogera kandi afite umuhumgu yabyaranye n’umwami ariwe   Musinga.

 Rwabugiri kandi yatumye baramu be ari bo  Kabare na  Ruhinankiko bamenya ubwiru kandi cyari ikizira ko umuntu wo mu muryango w’umugabekazi cyangwa umuvandimwe w’umwami abimenya.

– Ikindi ni uko  Rwabugiri yimitse  Rutarindwa ngo bimane kandi umuhango nk’uwo wari wemerewe abami bitwa  Cyilima na  Mutara gusa.

 Rwabugili ubwo yakoraga ibi,abiru bamugiriye inama ko ibyo akora ari amakosa arabananira. Umwiru umwe witwaga  Bibinga yahise avuga ko atazongera kubonana na  Rwabugili,ahita ava i  Bwami yigira iwe ntiyagaruka kuko yavugaga ko nta  Mwami w’ uburiganya.

 Rwabugiri umutima waramuriye,amutumaho intumwa ngo azibwire icyo atekereza ku iyimikwa rya  Rutarindwa. Kubera ko umwiru yari afite ubudahangarwa,yahise azituma ngo zibwire  Rwabugili ziti :  < Mbere wari  Kigeri cya  Rwogera,none ubu uri  Kimali cya  Rurenge >

  Kimali yamugereranyije na we ni  Umwami wa nyuma w’ingoma y’ Abasinga,se akaba yari  Rurenge wakoze amakosa ku ngoma ye bituma ingoma y’ Abarenge ihirima.

   Mubyukuri  Rutarindwa ntabwo yari yemewe n’ itegeko-nshinga ryagenderwaho icyo gihe ari ryo bwiru,kandi ryo ntabwo ryicwaga ngo bicire aho  kuko ryari rifite imbaraga z’ingengakamere. Iyo urebye ukuntu  Rutarindwa yari afite amahirwe yo kunesha intambara akirangaraho,ukareba ukuntu yari yararwaye amavunja yishimisha urujyo akaba yari yaratangiye kubyibuha birenze urugero ku buryo yihagarika mu nzu,yabonye ko ingoma yamurashe. Byongeye ko yatsinzwe intambara,bigaragara ko  Imana itamuhisemo.

 Ubwo  Rutalindwa yimikwaga ku wa 22 Ugushyingo1889,habayeho ubwira kabiri bwatwikiriye aka karere ariko kandi ni ubwirakabiri bw’ingoma nyiginya.iyo ngoma yagombaga kwinjira mu ntambara yo ku    Rucunshu nyuma y’imyaka irindwi,aho ingoma yitwa icyumwe (igihugu cy’umuntu umwe )yakongokanye na  Rutalindwa,naho  Karinga yari yaratangiye gufatwa n’umurimo kuko yahiye igisembe,ba  Kabare barayarura bayizimisha amata. Kuva  Icyumwe yashya na  Kalinga igashya igisembe,igihugu nticyongeye kuba icy’umwe,cyabaye icya benshi n’abazungu barimo,ndetse bigeze kuba ari bo bafite uruhare runini ku cyhoze ari icy’umwe.

 Rutalindwa yaje gutanga yitwikiye mu nzu ku  Rucunshu hamwe n’ abandi bari kumwe nawe.                        Niho hakomotse imvugo ngo byacitse,bakoresha berekeza  kuri iyo nkongi yakongoye ibintu bigacika ku musozi wa  Rucunshu mu  Marangara hafi y’i  Shyorwe ku musozi wa  Rukaza. Ni ukuvuga ko byahindutse ivu. Hari mu  Ugushyingo gushyingira  Ukuboza mu mwaka wa 1896. Mu kubagezaho iyi nkuru hifashishijwe

Yanditswe na Nzitukuze Clementine/ MUHABURA

  • Ubwanditsi Muhabura
  • 02/03/2022
  • Hashize 2 years