Ishyaka UDPS ritavuga rumwe na leta ryatangaje ko Kongo ’ititeguye’ amatora ya perezida

  • admin
  • 02/11/2018
  • Hashize 5 years

Ishyaka ry’ingenzi mu yatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo ryabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko iki gihugu “kititeguye” amatora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Ishyaka UDPS ryatangaje ibyo ku wa kabiri, umunsi umwe nyuma yaho igisirikare cya Kongo giteye inkunga akanama k’amatora y’amakamyo abarirwa mu magana ndetse n’indege zibarirwa mu macumi.

Augustin Kabuya, umuvugizi w’ishyaka UDPS ritavuga rumwe na leta ya Kongo, yagize ati: “Amakamyo ijana na mirongo itanu ntabwo ashobora gukwira igihugu cyacu kinini gutya, kitanafite ibikorwa-remezo nk’imihanda“.

Kabuya yavuze ko inkunga y’amakamyo, indege nini na za kajugujugu byatanzwe ku wa mbere, cyari “igikorwa cy’ikinamico” avuga ko cyari kigamije kwereka amahanga ko amatora ya perezida yimirije ari ayo kwizerwa.

Yongeyeho ati: “[Ariko] turabizi ko Corneille Nangaa (umukuru w’akanama k’amatora ka Kongo) atiteguye gukoresha amatora ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri”.

Muri uwo muhango wo gutanga inkunga ku wa mbere, abategetsi ba Kongo bavuze ko aya matora ya perezida – yasubitswe mu mwaka wa 2016 no mu mwaka ushize wa 2017 – azaba nta gisibya kandi ko nta nkunga y’amahanga Kongo icyeneye muri aya matora.

Amatora yabanje yo mu myaka ya 2006 na 2011, yahawe imfashanyo y’ibikoresho n’umuryango w’abibumye.

Mu kwezi kwa cyenda, Perezida Joseph Kabila wa Kongo yabwiye inteko y’umuryango w’abibumbye ko azarwanya “igikorwa icyo ari cyo cyose cyo kwivanga mu bikorwa by’amatora”, avuga ko amafaranga azakoreshwa mu matora azatangwa na leta ya Kongo ubwayo.

JPEG - 52.1 kb
Urukurikirane rw’amakamyo ya gisirikare y’inkunga igenewe akanama k’amatora, ku wa mbere yanyuze mu murwa mukuru Kinshasa
JPEG - 141 kb
Perezida Joseph Kabila ari ku butegetsi guhera mu mwaka wa 2001 ubwo se Laurent-Désiré Kabila wari Perezida wa Kongo yicwaga
JPEG - 110.1 kb
UDPS, riyobowe na Félix Tshisekedi, rivuga ko amakamyo ijana na mirongo itanu adashobora gukwira igihugu kinini nka Kongo, kitanafite ibikorwa-remezo nk’imihanda

Niyomugaba Albert /MUHABURA.RW

  • admin
  • 02/11/2018
  • Hashize 5 years