Dr Agnes Binagwaho yavanywe ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima

  • admin
  • 12/07/2016
  • Hashize 8 years

Dr Agnes Binagwaho wari Minisitiri w’Ubuzima yavanywe kuri uyu mwanya na Perezida wa Repubulika nkuko bigaragazwa n’Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi.

Dr. Agnes Binagwaho, ubusanzwe ni umuganga w’inzobere mu kuvura abana. Yakoze mu myanya itandukanye mu nzego z’ubuzima. Kuva mu 2002 kugeza 2008, Dr Binagwaho yabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Sida, kuva mu 2008 kugeza muri Gicurasi 2011 agirwa Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y‘Ubuzima, umwanya yavuyeho agirwa Minisitiri w’Ubuzima.



Ifoto interineti

Yanditwe na Ubwanditsi/Muhabura.rw

  • admin
  • 12/07/2016
  • Hashize 8 years