Bitunguranye : Inama yiga ku mutekano mu Karere iraba hifashishijwe icyo Perezida Kagame yari yifuje

  • admin
  • 07/10/2020
  • Hashize 4 years
Image

Inama yiga ku mutekano mu Karere k’Ibiyaga bigari ihuza u Rwanda, Uganda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), u Burundi na Angola iraterana hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Ukwakira 2020.

Iyi nama iraba iyobowe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi ikaba yiga ku bibazo by’umutekano mu Karere, gushakira umuti ibibazo bya Politiki mu bihugu bigize Akarere no gutsura umubano muri ibyo bihugu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane mu Rwanda yemeje amakuru y’uko ubusanzwe iyi nama yari iteganyijwe kubera mu mujyi wa Goma muri DRC yahinduwe ikaza kuba hakoreshejwe ikoranabuhanga kandi buri gihugu kikaza kuba gihagarariwe.

Mu kwezi kwa Nzeri 2020 nibwo Perezida wa (DRC) Tshisekedi, yatumiye abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda Paul Kagame, uwa Uganda Yoweli Museveni, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye, n’uwa Angola João Lourenço ngo bahure imbonankubone mu nama yiga ku bibazo byugarije Akarere.

Iyo nama ariko ntiyabaye kubera impamvu zitandukanye bitewe ahanini n’itariki yatekerezwaga kubera kandi hakiri ikibazo cy’icyorezo cya COVID-19 cyanatumye gutegura iyo nama bitoroha, cyakora ngo noneho iyi nama iraba yiga ku bibazo bibangamiye amahoro mu Karere, umutekano, ububanyi n’amahanga n’imibanire mu bya Politiki.

Igihugu cy’u Burundi cyari cyantangaje ko kitazitabira iyo nama itarabereye igihe, cyari kitezweho ko na cyo kigaragaza ibibazo byacyo bigikomereye mu Karere birimo iby’umutekano muke, cyakora noneho ngo abayobozi b’u Burundi baba bemeye ko bitabira inama ibera ku ikoranabuhanga, ariko ngo ntabwo birizerwa neza.

Iyi nama igiye kuba mu gihe umwuka mu bihugu bigize akarere utameze neza, u Rwanda rukaba rwarakomeje kugaragaza ko rwiteguye gukorana n’u Burundi na Uganda ngo ibibazo bihari bikemuke.

Abakurikiranira hafi ibya Politiki bagaragaza ko igihe Tshisekedi yahuza iyi nama ikaba, yaba afunguye urubuga rwo kungurana ibitekerezo ku bibazo biri mu Karere ngo bishakirwe umuti, by’umwihariko ibibazo by’umutekano muke n’imibanire itameze neza hagati y’ibihugu.

Kuva yajya ku butegetsi muri Mutarama 2019, Perezida Tshisekedi yagaragaje ko Politiki ye mu byo izibandaho harimo no kuzahura umubano w’ibihugu byo mu Karere wari warajemo agatotsi, kugarura amahoro mu Karere no gutsinsura imitwe yitwaje intwaro by’umwihariko mu burasirazuba bwa DRC, agace gakungahaye cyane ku mabuye y’agaciro kakunze kurangwa n’intambara z’urudaca kubera iyo mitwe yitwaje intwaro.

Perezida Tshisekedi kandi yifuza ko u Rwanda na Uganda byongera kubana mu mahoro aho afatanyije na Perezida wa Angola Lourenço nk’abahuza mu mubano w’ibyo bihugu byombi.

1. Perezida Kagame na Perezida Museveni bari barashyize umukonano ku amasezerano akurikira

a) Kubaha ubusugire bwa buri wese n’ubw’igihugu cy’igituranyi.

b) Guhagarika ibikorwa bigamije guhungabanya urundi ruhande n’ibihugu by’ibituranyi ndetse n’ibyo gutera inkunga, guha imyitozo no kwinjiza abarwanyi mu mitwe igamije guhungabanya umutekano.

c) Kurinda no kubaha uburenganzira n’ubwisanzure bw’abaturage b’urundi ruhande batuye cyangwa banyura ku butaka bw’icyo gihugu, mu buryo bwemewe n’amategeko yacyo.

d) Gusubukura bwangu ibikorwa byambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi birimo urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, hagamijwe iterambere n’imibereho myiza y’abaturage babyo.

e) Guteza imbere, bijyanye n’imitekerereze iganisha ku ishema rya Afurika n’ukwihuza kw’akarere, imikoranire iboneye mu ngeri zirimo politiki, umutekano, ingabo, ubucuruzi, umuco, ishoramari, binyuze mu gushyigikirana.

f) Gushyiraho Komisiyo ihuriweho n’impande zombi igamije gushyira mu bikorwa ibikubiye muri aya masezerano y’imikoranire; ikuriwe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga kandi irimo abaminisitiri bashinzwe umutekano n’abakuriye inzego z’ubutasi mu bihugu byombi.

g) Kumenyesha buri gihe abagize uruhare mu gufasha mu biganiro byaganishije kuri aya masezerano ibijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ryayo.

2. Mu gusinya aya masezerano, buri ruhande ruzi neza ko ruzabibazwa mu gihe habayeho kutayubahiriza.

3. Ukutumvikana ku bijyanye no gushyira mu bikorwa aya masezerano, kuzakemurwa n’ibiganiro hagati y’impande zombi cyangwa binyuze mu bufasha bw’abafashije mu biganiro biyashyiraho.

4. Aya masezerano aratangira gushyirwa mu bikorwa akimara gushyirwaho umukono.

Ubwanditsi:MUHABURA.RW Amakuru nyayo

  • admin
  • 07/10/2020
  • Hashize 4 years