Australia:Minisitiri w’intebe yatewe igi n’uwigaragambya

  • admin
  • 07/05/2019
  • Hashize 5 years

Minisitiri w’intebe wa Australia, Scott Morrison, yatewe igi n’uwigaragambya mu gihe we yari arimo kwiyamamaza mbere y’uko haba amatora rusange muri iki gihugu.

Ibitangazamakuru byo muri Australia bivuga ko iryo gi ryakoze ku mutwe wa Bwana Morrison ariko ntiryamenekeramo. Umugore ugeze mu zabukuru na we yahutajwe yitura hasi.

Videwo igaragaza umugore w’imyaka 25 y’amavuko ari gufatirwa aho ibyo byabereye. Nyuma polisi yatangaje ko uwo mugore yatawe muri yombi.

Bwana Morrison yavuze ko uko guterwa igi ari igikorwa cy’”ububwa”.

Ibyo byabereye mu birori byari byateguwe n’ishyirahamwe ry’abagore mu mujyi wa Albury, uri kuri kilometero 330 mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’umurwa mukuru Canberra. Nta muntu n’umwe wahakomerekeye.

Nyuma yaho, Bwana Morrison yashimiye abamucungira umutekano avuga ko bahise bamutabara, ndetse avuga ko ahangayikishijwe n’umugore ugeze mu zabukuru – watangajwe ko yitwa Margaret Baxter – wahutajwe akitura hasi ubwo we yaterwaga iryo gi.

Madamu Baxter yaje kubwira igitangazamakuru cya leta ya Australia ko yari aherutse kubagwa mu nda, ariko ko nta bubabare yumvise nyuma yo kwitura hasi.

Muri uyu mwaka, Bwana Morrison si we munyapolitiki wa mbere wo muri Australia utewe igi n’uwigaragambya.

Mu kwezi kwa gatatu, senateri Fraser Anning uzwiho kugira ibitekerezo by’ubuhezanguni, na we yatewe igi nyuma yo kuvuga amagambo yanenzwe bikomeye ajyanye n’ibitero byagabwe ku musigiti i Christchurch muri New Zealand.

Icyo gihe, umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko yahawe gasopo na polisi bijyanye no guterwa igi kwa Bwana Anning.

Biteganyijwe ko abaturage ba Australia bitabira amatora rusange ku itariki ya 18 y’uku kwezi kwa gatanu.

  • admin
  • 07/05/2019
  • Hashize 5 years