Abakozi batanu ba ONG bararegwa gushaka guhirika Perezida

  • admin
  • 23/05/2019
  • Hashize 5 years

Abakozi batanu b’imiryango itegamiye kuri leta muri Zimbabwe bakurikiranyweho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Emmerson Mnangagwa.

Aba bakozi bagejejwe imbere y’urukiko rwo ku murwa mukuru Harare ku munsi w’ejo ku wa gatatu bashinjwa ko bagiye mu birwa bya Maldives mu nyanja y’Ubuhinde bagatozwa ibikorwa by’iterabwoba no kugumura rubanda.

Abaregwa bahakana ibyaha baregwa.

Ubutegetsi buvuga ko aba bakozi bitabiriye ayo mahugurwa yateguwe n’itsinda ry’abantu bo mu gihugu cya Serbia.

Aba bakozi batawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Harare basubiye mu gihugu.

Abategetsi bavuga ko aba bantu batojwe gukoresha imbunda, kwegeranya rubanda ngo irwanye ubutegetsi no gucika uwashaka kubafata. Polisi ivuga ko hari abandi bari muri uwo mugambi batarafatwa.

Aba batanu bahakana ibyo baregwa, abanyamategeko babo bakavuga ko ubutegetsi bwa Perezida Mnangagwa buri kwibasira imiryango irengera uburenganzira bwa muntu ndetse n’abatavuga rumwe na bwo.

Emmerson Mnangagwa wahoze yungirije Robert Mugabe, yafashe ubutegetsi mu kwezi kwa cumi na kumwe mu mwaka wa 2017 nyuma y’imyivumbagatanyo y’abaturage yatumye ingabo zihirika Robert Mugabe.

Niyomugabo Albert Muhabura.rw

  • admin
  • 23/05/2019
  • Hashize 5 years